Imibare y’ibanze y’iri suzuma rikorwa muri buri myaka itanu, yerekanye ko abaturage b’u Buyapani bagabanyutse bagera miliyoni 123 mu 2025.
Bagabanyutseho miliyoni eshatu ugereranyije n’uko byari bimeze mu 2020. Ni igabanyuka kandi ryikubye inshuro zirenze eshatu iryabayeho hagati ya 2015 na 2020.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Buyapani, Minoru Kihara, yabwiye abanyamakuru ko iyo mibare igaragaza ko uburyo abaturage bakomeje kugabanyuka kandi ari ibintu biteye inkeke.
Ati “Iyi mibare ishimangira ko na none igabanyuka ry’abaturage b’igihugu cyacu rirushaho kuba ribi cyane.”
Banki y’Isi yerekana ko iki gihugu cya kane mu bifite abantu benshi mu Isi, ari cyo cya mbere gifite umubare munini w’abaturage bashaje ndetse ko impuzandengo yabo y’abana bavuka iri kuri 1,2.
Imibare yatangajwe yagaragaje ko muri uyu mwaka, imibare y’abana bavutse mu Buyapani yagabanyutseho inshuro 10 ugereranyije n’uko mu 2020 byari byifashe.
Nubwo abimukira bakunze kugaragazwa nk’umuti ushobora gufasha mu kugabanya ikibazo cy’igabanyuka ry’abaturage, Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Sanae Takaichi, ashyigikiye ingamba zikomeye zigamije gukaza umurego mu kugenzura no kugabanya iyinjira ry’abanyamahanga mu gihugu.
Mu myaka yashize, abayobozi b’u Buyapani bagerageje gushishikariza abaturage gushyingirwa no kubyara abana benshi mu rwego rwo guhangana n’igabanyuka ry’abaturage ariko bisa n’ibitaratanze umusaruro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!