00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ak’abapolisi ba Canada batereta abagore bifashishije ikoranabuhanga ryo ku kazi kashobotse

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 June 2026 saa 04:42
Yasuwe :

Umuyobozi wa Polisi ya Canada muri Ottawa, Eric Stubbs yavuze ko batahuye ko hari abapolisi bakoresha ikoranabuhanga ryo mu kazi, mu kugera ku myirondoro y’abagore batandukanye baba bashaka gutereta.

Iyi myitwarire ya bamwe mu bapolisi bo muri Canada, Eric Stubbs yayigarutseho mu mashusho y’iminota irindwi bivugwa ko yari agenewe gukoreshwa imbere muri polisi gusa ariko birangira agiye hanze.

Muri aya mashusho, Eric Stubbs yumvikana abwira aba bapolisi ati “muhindure imyitwarire yanyu cyangwa musezere mu kazi. Abapolisi bari gukoresha amakuru abitse nk’ayabo ku giti cyabo, mu buryo bwo guhura n’abagore.”

Yavuze ko hari abapolisi bafashwe bafotora pulake z’imodoka z’abagore nyuma yo kubabona muri gym, mu kabari no mu mihanda, ubundi bakazishyira mu ikorabuhanga rya polisi kugira ngo babone amakuru yabo.

Ati “Twagiye tubona abapolisi bandikira abakorewe ibyaha babaga bari gufasha, mu buryo ubona busa n’ubugamije kubaka umubano w’abakundana. Muhindure imyitwarire yanyu.”

Uyu mupolisi avuze ibi mu gihe mu ntangiriro za 2026 Andrew Reesor wari umupolisi ahamijwe icyaha cyo kwinjira mu makuru ya Leta ashakamo imyirondoro y’abagore.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages