00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagambo icumi y’ubwenge yavuzwe na Nelson Mandela

Yanditswe na Iradukunda Regis
Kuya 18 July 2020 saa 02:58
Yasuwe :

Izina Nelson Mandela ni izina ryubahawa ku isi yose, kubera uruhare uwo mugabo wavukiye muri Afurika y’Epfo yagize mu rugamba rwo kurwanya ivangururaruhu ryari ryibasiye abirabura mu gihugu cye.

Mandela wabaye Perezida wa mbere w’umwirabura muri Afurika y’Epfo, yavutse kuwa 18 Nyakanga 1918.

Ubutwari n’ibikorwa by’uyu mugabo byatumye ahabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel.

Twakusanyije amagambo icumi akomeye yavuze, agasigara mu mateka no mu mitwe ya benshi.

1.Nta hantu kure habi waba uri udashobora kuva ngo ugere ku ntsinzi mu gihe cyose waba wiyumvisemo ibyo ukora ndetse no kubirwanira ishyaka.

2.Ibintu byose ubitangira ubona bidashoboka bigasa bityo kugeza ubikoze.

3.Yobora uhereye inyuma, ureke abandi bizere ko bakuri imbere.

4.Ikigira agaciro mu buzima si uko turiho, igifite agaciro ni itandukaniro twakoze ku buzima bw’abandi, ari na ryo rizasobanura akamaro twagize muri ubu buzima.

5.Iyo umuntu abayeho afite ibyiringiro, biba bimeze nk’aho umutwe werekera ku rumuri rw’izuba, ibirenge bye bikomeza kujya imbere. Hari ibihe by’umwijima naciyemo byari gutuma ntanatekereza ko ubumuntu bubaho ariko sinigeze niyemerera gutakaza ibyiringiro. Kubura icyizere biganisha ku gutsindwa no gupfa.

6.Uburezi ni yo ntwaro y’ubumara bukomeye wakoresha mu guhindura isi.

7.Ntugatinde ku muntu kubera ko hari ibyiza yagezeho, ahubwo jya umutindaho muri cya gihe yakoze amakosa n’uburyo yisubiyeho.

8.Tugomba kugira ubwenge mu gukoresha igihe kandi iteka tukazirikana ko igihe dufite ari icyo gukora icyiza.

9.Nkunda inshuti zigenga mu mitekerereze kubera ko zituma ubona amahurizo muri buri nguni.

10.Nta muntu n’umwe wavutse yanga undi kubera ibara ry’uruhu rwe, ahahise he cyangwa se imyizerere. Urwango ni ikintu cyigwa, niba rero kwangana byigwa, no gukunda byakwigishwa kubera ko urukundo ruba muri kamere y’umutima wa muntu kurusha urwango.

Nelson Mandela (Madiba) yatabarutse kuwa 05 Ukuboza 2013 iwe mu rugo i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.

Nelson Mandela yagize uruhare runini mu guhagarika ivanguraruhu ryari ryibasiye abirabura muri Afurika y'Epfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages