00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Australia: Havumbuwe uruyuki rwiswe Lusiferi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 11 November 2025 saa 04:46
Yasuwe :

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Curtis yo muri Australia batangaje ko bavumbuye ubwoko bushya bw’uruyuki bahaye izina rya Lusiferi bagengendeye ku mahembe rufite ameze nk’aya Lusiferi benshi bita satani.

Umwe mu bashakashatsi bagize uruhare mu kuruvumbura, Kit Prendergast, yavuze ko yavumbuye uru ruyuki ubwo yari ari gukora ubushakashatsi ku bwoko bw’indabo bushobora kuzimira.

Yabonye uru ruyuki asanga rufite imiterere idasanzwe kandi itandukanye n’izindi nzuki.

Ati “Impamvu nahisemo kurwita lusiferi [Lucifer] ni ukubera ko uru ruyuki rufite amahembe atangaje bituma rugira imitere idasanzwe.”

Uru ruyuki ni rwo rwa mbere rugaragaye mu gihe cy’imyaka 20 ishize, byerekana ko hakiri ibinyabuzima bitandukanye bitagaragara, nubwo ubushakashatsi bukorwa buri munsi ngo bigaragare.

Uru ruyuki rwo muri ubu bwoko rwaherukaga kugaragara mu myaka 20

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages