Aba bagore bavutse mu 1990, bombi bavuka badashyitse bituma bajyanwa mu cyumba cy’abana bavukanye ibibazo, bashyirwa muri couveuse ibyaje gutuma abaganga bibeshya babaha ababyeyi batari ababo.
Umwe muri aba bagore yamenye ko ababyeyi bamureze atari abe ubwo yajyaga gutanga amaraso agasanga adahuje nabo ubwoko bw’amaraso, kuva icyo gihe yatangiye gushaka ababyeyi be ba nyabo kugeza ubwo mu 2016 yahagaritse kubashaka yumva ko atazigera ababona.
Undi we yamenye iby’aya makuru atwite kuko yasanze adahuje amaraso n’ababyeyi be bamureze, atekereza ko hari isano yaba afitanye n’umugore yigeze kumva arangisha ababyeyi be cyane ko bari baravukiye igihe kimwe.
Yaje gushaka amakuru ye kugeza babonanye, bakoresha ADN yemeza ko bahinduranyijwe bakiri abana.
Aba bagore bombi bavuze ko kumenyana bumvise bimeze nko kugira umuvandimwe utigeze umenya mu myaka 35.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!