00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ba mukerarugendo babonye inoti zireremba ku mazi bata n’urwo bari bambaye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 August 2026 saa 09:56
Yasuwe :

Ba mukerarugendo bari mu biruhuko ku mucanga wa Marina di Ragusa, mu Butaliyani binjiye amazi bagiye gutabara ubwato bwagize ikibazo babonye amafaranga areremba ku mazi ibintu bihindura isura.

Ubwato bukoresha moteri bwari buturutse muri Malta bwagize ikibazo hafi y’inkombe za Sicile kubera kubura lisansi. Abantu bari ku mucanga, bahangayikishijwe n’uko abari mu bwato bashoboraga gukenera ubufasha, bahise babimenyesha abashinzwe kurinda inkombe.

Abakozi bane b’ubwato bahise batangira kujugunya mu nyanja udupfunyika twinshi twari dufunze neza, maze amazi atangira kutujyana atwerekeza ku mucanga. Abantu bari boga bahise bihutira kujya mu mazi bashaka gufata ibyo bipfunyika.

Byabyaye imvururu ku buryo abashinzwe umutekano na polisi bahagobotse ngo bahagarike izo mvururu.

Ibyo bipfunyika byarimo inoti z’amayero kuva ku y’atanu kugeza ku ya 100. Abayobozi bahakuye hafi amayero 665.000, nubwo hari ibitangazamakuru byo mu Butaliyani byavugaga ko amafaranga yose ashobora kuba yarageraga hafi ku 700.000. By’amayero.

Nyuma byamenyekanye ko abantu bari mu bwato ari abantu bane bakomoka muri Malta. Icyakora, inkomoko y’ayo mafaranga ndetse n’impamvu yatumye bagerageza kuyajugunya mu nyanja byakomeje kuba urujijo.

Ba mukerarugendo bari ku mazi mu Butaliyani babonye amafaranga areremba ku mazi bakwira imisharo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages