00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bakoze ubukwe bw’agatangaza bw’iminsi itatu- Amafoto

Yanditswe na

Robert Musafiri

Kuya 28 November 2015 saa 11:19
Yasuwe :

Mu gihugu cy’ u Butaliyani habereye ubukwe bw’amateka bwatwaye akayabo ndetse bumara iminsi itatu.

Ubu bukwe ni ubw’umuhungu w’ikinege w’umuherwe w’Umuhinde witwa Yogesh Mehta. Uyu muhungu yitwa Rohan Mehta naho umugeni we yitwa Roshni.

Ibirori by’ubu bukwe bwabereye mu mujyi wa Florence mu Butaliyani byamaze iminsi itatu ndetse byitabiriwe n’abantu basaga 500 nk’uko ikinyamakuru Daily Mail kibitangaza.

Abateguye ubu bukwe bavuze ko muri rusange bwategujwe ingengo y’imari ingana n’ama Pound miliyoni 14 asaga miliyari 14 z’amafaranga y’amanyarwanda.

Abageni bashatse gutambagira ku nzovu nk’uko bikorwa mu muco w’iwabo ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Florence burabangira.

Akanyamuneza kari kose ku babutashye
Umugeni yari anezerewe
Umugeni n'umuryango we batambuka
Akanyamuneza ku bageni kari kose
Uyu musore ni umuhungu w'ikinege w'umuherwe Yogesh Mehta
Uyu mukobwa akomoka mu Buhinde ariko yakuri mu Bwongereza
Imitako y'igiciro ku ntaki z'umugeni
Akanyamuneza kari ko ku mugeni ndetse no ku rungano
Abageni bari bishimye
Ubu bukwe ntibuzibagirana ku batuye mu mujyi wa Florence

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages