00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bamaze amasaha 15 mu ndege nyuma yo gufungirwaho ikirere na Qatar

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 24 June 2025 saa 09:52
Yasuwe :

Abagenzi bari mu ndege ya Sosiyete ya Qantas, bamaze amasaha 15 mu kirere, nyuma yo gufungirwaho ikirere na Qatar kubera ibitero yagabweho na Iran mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 23 Kamena 2025.

Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 787-0 Dreamliner yavaga Perth muri Australie yerekeza i Paris mu Bufaransa.

Yahagurutse muri Australie Saa 8:00 za mu gitondo ku wa Mbere, byitezwe ko igomba kugera i Paris Saa 2:00 mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri.

Ibintu byaje guhinduka mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 23 Kamena 2025, ubwo Iran yafataga icyemezo cyo kurasa ku bigo bya gisirikare bya Amerika biri muri Qatar, ibyatumye iki gihugu gifata icyemezo cyo gufunga ikirere cyacyo.

Iki cyemezo cya Qatar cyatumye iyi ndege ifata icyemezo cyo gusubira muri Australie, nubwo haburaga igihe gito ngo igere muri Qatar.

Byarashobokaga ko yashoboraga kugwa ku kindi kibuga cy’indege, ariko ntibyakunze kubera umubare munini w’indege wari mu kirere cyo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Uku gusubira inyuma kwatumye abagenzi bari muri iyi ndege bamara amasaha 15 mu kirere, ibintu bidakunze kubaho.

Bamaze amasaha 15 mu ndege nyuma yo gufungirwaho ikirere na Qatar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages