Ni umushinga wa Kaminuza ya Minas Gerais (UFMG), wanatsindiye igihembo cy’amayero 500.000 yatanzwe n’ikigo Eurofarma gitera inkunga imishinga ifite udushya.
Urwo rukingo rufite ubushobozi bwo gukora abasirikare b’umubiri batuma cocaine itagira icyo ihugabanya ku bwonko bw’uwayinyweye ngo imugire imbata.
Urwo rukingo kandi ruzajya ruhagarika ibisa n’ibyishimo bituruka ku kunywa cocaine, rubuza iyo myakura y’ibyishimo bya cocaine kugera ku bwonko.
Bizafasha ababaswe n’icyo kiyobyabwenge kuba babasha kukivaho mu buryo bworoshye.
Umushinga nk’uyu wari waratangiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko ntiwakomeza kubera kutagaragaza umusaruro ku babigeragerejweho.
Brésil ni igihugu cya kabiri ku isi mu ikoreshwa rya Cocaine nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abasaga 3000 bamaze kwiyandikisha bagaragaza ko bazitabira ubushakashatsi kuri urwo rukingo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!