00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byendagusetsa: “Mbabarira unyereke imbwa insunitse muri aya mazi!”

Yanditswe na

Emmanuel Kwizera

Kuya 25 May 2013 saa 06:22
Yasuwe :

1. Urupfu rwabwiye umugabo ngo ni wowe uri ku rutonde rwa mbere rw’abagiye gupfa.
Nuko wa mugabo abyumvise ararutahana (Urupfu), ararutekera, arugurira inzoga, rurarya rurasinzira.
Wa mugabo ararucunga ajya kuri ya liste yisiba ku mwanya wa mbere yiyandika ku mwanya wa nyuma.
Aho urupfu rubyukiye, ruramubwira ruti "Kubera ukuntu wanyakiriye neza, sinkihereye imbere, ngiye kwica mpera inyuma".
2.Umwami yatanze ikizamini ngo uwambuka uruzi rurimo ingona aramuhemba icyo ashaka, (…)

1. Urupfu rwabwiye umugabo ngo ni wowe uri ku rutonde rwa mbere rw’abagiye gupfa.

Nuko wa mugabo abyumvise ararutahana (Urupfu), ararutekera, arugurira inzoga, rurarya rurasinzira.

Wa mugabo ararucunga ajya kuri ya liste yisiba ku mwanya wa mbere yiyandika ku mwanya wa nyuma.

Aho urupfu rubyukiye, ruramubwira ruti "Kubera ukuntu wanyakiriye neza, sinkihereye imbere, ngiye kwica mpera inyuma".

2.Umwami yatanze ikizamini ngo uwambuka uruzi rurimo ingona aramuhemba icyo ashaka, bategereza ko mu bari aho hari ujya mu mazi baraheba.
Hashize akanya bumva ngo "Dumburi!", umuntu aguye mu mazi aroga ingona arazicika arongera aragaruka.

Umwami amuha amashyi menshi arangije ati nguhe iki?
Umugabo ati mwami mbabarira unyereke imbwa insunitse muri aya mazi!


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages