Ni igikoresho cyemejwe n’Ikigo Gishinzwe ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa muri Amerika, FDA, kizajya gifasha abaganga gukurikirana ababyeyi batwite batarinze bajya kwa muganga.
Pulsenmore ikoreshwa binyuze mu ikoranabuhanga riyihuza na telephone, ubundi amashusho afashwe na yo akohererezwa umuganga ukurikirana uwo mubyeyi.
Umuganga wita ku babyeyi batwite mu bitaro bya Rabin Medical Center, Eran Hadar, yavuze ko ubusanzwe ababyeyi batwite icyo baba bakeneye ari kumenya ko bameze neza ndetse ko n’umwana ntakibazo afite.
Ati “Abarwayi benshi baza bashaka kumenya ko ibintu bimeze neza gusa, bafite Pulsenmore bakwikorera icyo kizamini mu rugo mu munota umwe batiriwe bakora urugendo bajya kwa muganga, gutegereza n’ibindi kuko bahita babona igisubizo ako kanya.”
Asobanura ko iki gikoresho ari igisubizo kuko umubyeyi ugikoresha asabwa kujya kwa muganga ari uko mu mashusho yohereje bigaragaye ko hari ikibazo afite, cyangwa se igihe umubyeyi akeneye kufatwa ibindi bipimo bitari ibyo kureba uko umwana ameze mu nda gusa.
Ku bagore bafite inda irengeje amezi atandatu, iki gikoresho gishobora kwerekana uko umwana ameze mu nda, uko umutima uri gutera n’ibindi.
Iki gikoresho kimaze gukoreshwa n’abarenga ibihimbi 20 ku Isi hose.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!