00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gatsibo: Ubukwe butangaje bw’abageni bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 23 August 2026 saa 08:53
Yasuwe :

Mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, abageni bafite ubumuga bukomatanyije bwo kutumva no kutavuga basezeraniye imbere y’amategeko bakoresheje amarenga.

Kagenzi Donath na Umuhoza Sandrine basezeranye imbere y’amategeko,nyuma y’imyaka irindwi bari bamaze bakundana.

Aba bageni baganiriye na TV1 bayibwiye ko bamaze igihe bakundana kandi ko bafashe umwanzuro wo gusezerana imbere y’amategeko kuko ari na bo ari abantu nk’abandi.

Umuhoza yavuze ko “Abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ni kimwe nk’umuntu wese, nanjye nari mfite icyifuzo cyo kugira ngo mbone umuntu dukundana.”

Ubwo Kagenzi Donath yagiraga imyaka ibiri y’amavuko ni bwo yafashwe n’indwara ya Mugiga akaba ari yo yamuteye ubumuga bwo kutavuga no kutumva.

Nyuma yo kugira ubwo bumuga, umuryango we wagerageje kumuvuza ariko ntibyakunda, gusa bahitamo gukomeza kumurera nk’abandi bana bari bafite bituma akura yisanzuye.

Abagize umuryango wa Kagenzi bavuga ko ubwo yabagezagaho icyifuzo cy’uko agiye gukora ubukwe, bishimiye uwo mwanzuro ndetse bamwizeza ubufasha bwose yakenera.

Kayigi Omar ukora umwuga wo gusemura indimi z’amarenga yavuze ko kuba aba bageni bafashe umwanzuro wo gusezerana imbere y’amategeko ari intambwe ikomeye kubera ko ubundi iyo abantu bose bafite ubu bumuga bakagerageza kujya gusezerana bakunze guhura n’imbogamizi nyinshi.

Ati “Ku miryango cyangwa inshuti zabo baba bafite ibintu byinshi bari kwibaza, ngo ese niba bose batavuga bazabaho bate? Nihagira ubasura bazamuganiriza gute? Nibabyara abana bazabarera bate? Ndetse n’ibindi bibazo bituma babwira umwe muri bo ngo bitware gake uzashake udafite ubwo bumuga bwo kutumva no kutavuga.”

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basezeranye imbere y’amategeko muri Gatsibo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages