00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gucirira imbwa bishobora kongerera umuntu uburame – Ubushakashatsi

Yanditswe na Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 14 April 2023 saa 09:48
Yasuwe :

Nta wifuza gupfa akenyutse ndetse abenshi bihata imyitozo ngororangingo, imirire myiza, abandi bakagerageza gukurikiza inama z’ubuzima zose kugira ngo barebe ko imyaka yo kubaho yarushaho kwicuma, gusa hejuru y’ibyo, ubushakashatsi bwabibiye irindi banga ko hari n’amatungo ushobora kugira mu rugo akagufasha kwiyongerera icyizere cy’ubuzima.

Abantu baciririye imbwa mu ngo zabo, abafite ifarasi kimwe n’utundi tunyamaswa duto dushobora kubana n’abantu mu ngo, bazi ukuntu bibatera umunezero ku buryo ari n’ibintu bishobora gufasha umuntu mu gukira ihungabana, kwigunga no kugira agahinda gakabije maze akiyumva neza.

Ikigo gishinzwe gukumira Indwara muri Amerika (CDC) gishimangira ko gucirira imbwa no korora utundi tunyamaswa two mu rugo nk’ipusi bifasha cyane ubigize by’umwihariko ku buzima bwe bwo mu mutwe aho ashobora gukira umujagararo, umuhangayiko ndetse n’ubundi burwayi bubushingiyeho.

Ubushakashatsi bwasohotse mu 2019 mu Kinyamakuru American Heart Association bwagaragaje ko mu bantu barama igihe kirekire abenshi bakunze kuba baraciririye imbwa, ndetse bunagaragaza ko bifasha mu kugabanya ibyago by’ibitera impfu ku rugero rwa 24% ugereranyije n’uko bigendekera abantu baba batoroye ayo matungo.

Ni ubushakashatsi bwayobowe na Caroline K. Kramer, aho we kimwe n’itsinda bafatanyije bavuga ko ukwiye guhita wisubiza uti "YEGO" mu gihe cyose wakwibaza niba gucirira imbwa byagufasha kwiyongerera igihe cyawe cy’uburame.

Ubushakashatsi bwa vuba bugaragaza ko imbwa zishobora gufasha umuntu mu mikorere myiza y’umutima we, cyane cyane binaciye mu kanya runaka ashobora gufata akina na yo ndetse bikaba byanamuzamura ku rugero rw’imibanire ye n’abandi.

Visi perezida w’Ikigo cya Bond gikora Ubushakashatsi ku nyamaswa zishobora kubana n’abantu (HABRI), Lindsey Braun, yavuze ko "ubushakashatsi bushingiye kuri siyansi bwerekanye ko uburyo umuntu abanyemo n’inyamaswa runaka, bishobora kugira uruhare mu marangamutima ye, imitekerereze, ubuzima bwe bw’inyuma ku mubiri ndetse no kumugabanyiriza umuvuduko w’amaraso."

Yongeye ko inyungu nyinshi zo kubana n’izo nyamaswa, zihishe mu kugira ubuzima bwiza bw’igihe kirerekire umuntu akaramba.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko gucirira imbwa bishobora kongerera umuntu igihe cyo kubaho bitewe n'ibihe byiza agirana n'izi nyamaswa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages