Ubushakashatsi bwerekanye ko abantu barimo abahanzi, abakinnyi n’abandi bapfa bakiri bato ugereranije n’abakora indi myuga. Abashakashatsi bavuze ko ibi bitapfa kwemezwa ijana ku ijana, ariko bituma umuntu yakwibaza byinshi ku bantu nka bariya bazwi bahora mu maso y’abantu benshi.
Ubu bushakashatsi bwasohotse mu gitangazamakuru cy’ubuzima “International Journal of Medicine”, abashakashatsi bo muri Australia barebye mu byaranze ubuzima bw’abantu bagera ku 1,000 bapfuye hagati ya 2009 na 2011.
Basanze higanjemo abakinnyi ba filime, abaririmbyi, n’abakinnyi b’imikino itandukanye bapfa hakiri kare kubera guhora imbere y’abantu.
Bavuga ko basanze batarenza imyaka 79 (mu bihugu byateye imbere), mu gihe abantu bize ibijyanye n’amateka, ubukungu, n’ibindi bituma badahura n’ahateraniye imbaga y’abantu benshi bapfira ku kigereranyo cy’imyaka 83.
Aba bashakashatsi bo muri Kaminuza ya Queensland n’iya New South Wales, bavuze ko abantu nka bariya akenshi bicwa na kanseri cyane cyane iyo mu bihaha.



















TANGA IGITEKEREZO