Mu kugerageza gukemura ibyo bibazo, ubuyobozi bwashyizeho gahunda yo guhindura imitekerereze y’imfungwa aho gukoresha ikinyafu bimwe bikunze kwitwa.
Itegeko ryasohotse mu igazeti ya leta 2012 ryemerera abagororwa hakubiyemo n’abakoze ibyaha bikomeye, kugabanya igihe bakatiwe n’inkiko binyuriye mu gusoma ibitabo.
Umugororwa aba ashobora gusoma ibitabo bigera kuri 12 ku mwaka bikubiyemo iby’ubuvanganzo, filozofia, siyansi, amateka, n’ibindi byemewe bigatuma akurirwaho iminsi ine kuri buri gitabo.
Aba agomba kwandika incamake y’igitabo yasomye n’ibyo cyamwigishije. Ni ukuvuga ko umugororwa aba ashobora kugabanya iminsi 48 ku mwaka ku gihano yakatiwe binyuriye mu gusoma ibitabo.
Iri tegeko ryashyizweho nyuma y’uko bigaragaye ko imfungwa nyinshi zo muri Brésil ziba zitarize cyangwa zifite ubumenyi budahagije.
Iryo tegeko rifasha imfungwa gufunguka mu bwonko kandi haba hitezwe ko zihinduka bityo ntizisubire mu byaha nyuma yo kurangiza igihano zakatiwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!