00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Habonetse ubuvumo ku kwezi

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 17 July 2024 saa 08:10
Yasuwe :

Itsinda ry’abashakashatsi b’Abataliyani ku wa 15 Nyakanga 2024 bemeje ko hari ubuvumo bunini hafi y’aho, Neil Armstrong na Buzz Aldrin, bamanukiye mu myaka 55 ishize ubwo bajyaga ku kwezi, kandi bakeka ko hashobora kuba hari n’ubundi bwinshi bushobora kuzafasha abazajya ku kwezi mu gihe kizaza.

Ubwo buvumo buri mu nyanja ya Tranquility, ku ntera ya kilometero 400 uvuye aho icyogajuru Apollo 11 cyaguye.

Abashakashatsi bavuze ko uwo mwobo kimwe n’indi igera mu magana yabonetse ku kwezi, watewe n’umworera [umwobo] uri mu kirunga giherereye ku kwezi.

Abashakashatsi bavuga ko igice kinini w cyubwo buvumo gishobora kuba kiri mu gice cy’igishanga ku kwezi.

Itsinda ry’abashakashatsi rivuga ko ahantu nk’aho hashobora kuba ubuhungiro bw’umwimerere ku bashakashatsi bo mu isanzure, bikabarinda imirasire y’izuba n’ibibumbe bito bituruka mu isanzure, kimwe n’ibitero by’amabuye mato agwa ku kwezi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages