Ni ubwato bwavumbuwe mu 1986, ariko bukomeza gukorwaho ubushakashatsi.
Abashashatsi bagaragaza ko ubu bwato ari ubwakoreshwaga mu kuroba muri icyo gihe, bwasanzwe mu gace gahura neza n’inkuru yo muri Bibiliya, ndetse ko hafi yaho bahasanze amatara, n’amasafuriya bivuze ko ubwo bwato bwari mu rugendo rw’ijoro.
Impuguke mu bijyanye no gushaka ibisigaratongo by’inkuru zivugwa muri Bibiliya (Biblical archaeology expert) Danny Herman, yavuze ko ubu bwato bushobora guhuzwa n’inkuru ivuga ku gitangaza Yezu/Yesu yakoze.
Yagize ati “ Ushobora kubihuza n’inkuru yamamaye cyane abakirisitu bose bazi yo kugenda hejuru y’amazi no guturisha inyanja Yesu yakoze.”
Ubu bwato bwavumbuwe mu majyaruguru ya Israel, ubwo imvura yamaraga igihe kinini itagwa muri ako gace bigatuma iyi nyanja ikama ku buryo indiba yayo igaragara.
Nubwo hari byinshi bihuza ubu bwato n’inkuru ya Yesu yo muri Bibiliya, abashakashatsi bavuga ko bigoye guhita bemeza ko aribwo bwato Yesu yagenzemo kuko hari ubwato burenga 600 icyo gihe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!