Iyi ntebe yiswe Haro Ekg-seat, yashyizwemo utwuma dupima imikorere y’umutima, dukora mu buryo busa n’ubw’ibikoresho bya Ekg bikoreshwa mu mavuriro no mu bitaro.
Uyikoresha ayicaraho nk’uko bisanzwe mu gihe cy’amasegonda hafi 30. Porogaramu yo muri telefone ihita yakira amakuru y’uko umutima utera, ikayasuzuma kugira ngo irebe niba hari ibimenyetso by’indwara ya atrial fibrillation, izwi nka AFib.
AFib ni indwara ituma umutima utera vuba cyane, buhoro cyangwa mu buryo budafite gahunda. Ishobora kumara igihe umuntu atayizi, kuko hafi kimwe cya gatatu cy’abayifite batagaragaza ibimenyetso.
Ubushakashatsi bwakozwe na Hamberger Medical bwagereranyije ibisubizo bitangwa n’iyi ntebe n’iby’ibikoresho bisanzwe bikoreshwa mu bitaro. Ikigo kivuga ko ibisubizo bya Ekg yayo ipima ahantu hatandatu byagaragaje guhuza ku rwego rwo hejuru n’iby’igikoresho gisanzwe gipima ahantu 12.
Abitabiriye igerageza bashoboye kuyikoresha batabanje guhabwa amabwiriza yihariye, kuko bisaba gusa kuyicaraho, porogaramu igakora ibisigaye.
Icyakora, ibyavuye muri ubwo bushakashatsi ntibiragenzurwa n’abandi bahanga bigenga, ku buryo hakenewe ubundi bushakashatsi mbere y’uko iki gikoresho gifatwa nk’igisimbura isuzuma rikorerwa kwa muganga.
Kumenya AFib hakiri kare ni ingenzi, kuko ishobora gutuma amaraso avura mu mutima, bikongera ibyago byo kugira indwara yo guturika cyangwa kuziba kw’imitsi yo mu bwonko. Iyi ndwara igira uruhare muri hafi imwe kuri zirindwi z’indwara zibasira ubwonko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!