00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hari inyoni zikura igitsina cyazo gihinduka-Ubushakashatsi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 16 August 2025 saa 08:04
Yasuwe :

Ubushakashatsi bushya bwo muri Kaminuza yo muri Australia, University of the Sunshine Coast, bwagaragaje ko hari inyoni zikura zihindura igitsina, ku buryo ishobora kuvuka ifite igitsina gabo igakura igira igitsina gore no ku ngore bikagenda uko.

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bwoko bw’inyoni bugera kuri 500 bwagaragaje ko 6% by’izo nyoni zikura zihinduka igitsina zavukanye.

Dominique Potvin uri mu bakoze ubu bushakashatsi yavuze ko imihindagurikire y’ibitsina mu nyoni ishobora kuba yoroshye cyane kuko izi nyoni zishobora guhinduka igitsinda ari na nkuru.

Yagize ati “Ibi bivuze ko guhinduka kw’igitsina mu nyoni bishobora kuba byoroshye kurusha uko twabitekerezaga kuko izi nyoni zishobora no guhinduka igitsina zikuze.”

Icyakora ubu bushakashatsi ntibawabashije kumenya impamvu itera izi nyoni guhinduka igitsina, gusa bikekwa ko byaba bifite aho bihuriye n’imihindagurikire y’ikirere ndetse n’ihumana ry’ikirere.

Ni ibintu bitari bisanzwe bimenyerewe mu nyoni kuko ubusanzwe guhinduka kw’igitsina bimenyerewe mu mafi ndetse na bimwe mu bikururanda nk’ibikeri, inzoka, imiserebanya, ingona zikiri nto n’ibindi.

Hari inyoni zishobora gukura zihinduka ibitsina, ku buryo ishobora kuvuka ari ingabo igakura ihinduka ingore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages