00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibidasanzwe ku myiyerekano y’abagabo bo muri ‘Sahel’ igamije kureshya abagore b’abandi

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 16 August 2023 saa 07:26
Yasuwe :

Bimwe mu bihugu byo mu Majyaruguru n’Uburengerazuba bwa Afurika(Sahel), bigaragaramo abaturage bo mu bwoko bw’ Aba-Wodaabe bubaho mu buzima budasanzwe, aho buri mwaka bategura ibirori by’ubwiza by’abagabo, biyerekana bagamije kureshya abagore b’abandi, ndetse uwegukanye ikamba akaba yemerewe kuryamana n’abagore bagize akanampa nkemurampaka.

Abo baturage bagaragara mu bihugu nka Niger, Cameroon, Nigeria, Chad na Repubulika ya Centrafrique.

Mu 2018 The Guardian yatangaje ko abagabo bo muri ubwo bwoko bivuga ibigwi ko bari mu bagabo b’uburanga Isi ifite, ku buryo bituma bamara n’amasaha menshi ku munsi bireba mu kubungabunga ubwo buranga bwabo bakanagendana indorerwamo.

Ibyo birori bategura buri mwaka byiswe ‘Gerewol’, abagabo babyitabira baba bisize ibirungo by’ubwiza birimo n’ibihindura amenyo yabo agasa umweru, bakanambara imyenda y’indobanure ndetse n’amakamba y’ubwoko butandukanye, bakongeraho n’ibindi birimo amababa y’inyoni ya Autruche bambara mu mutwe ngo abongerere uburebure, byose bakabikorera kureshya abagore batari ababo.

Mbere y’uko ibyo birori bitangira, abagabo bajya mu marushanwa yabyo bibatwara nibura amasaha atandatu yo kwitegura, ndetse n’imyiyerekano mu mbyino.

Muri iyo myiyerekano, umugore witabiriye ibyo birori aba afite uburenganzira bwo kureba mu bagabo biyerekana niba hari uwo yishimiye waba umugabo we wa kabiri, ku buryo iyo babashije kubikora mu ibanga umugabo wa mbere wa wa mugore ntabimenye, nyuma umubano w’abo babiri na wo wemerwa.

Gusa ibi ntibikuraho ko hari abagabo bo muri ubwo bwoko baba badashaka kwibwa abagore, ku buryo bo badatuma abagore babo bitabira ibyo birori.

Abagabo bo mu bwoko bw’aba-Wodaabe bibara mu bagabo b'uburanga butangaje Isi ifite
Mu birori byabo bitwa Gerewol, umugabo wegukanye ikamba aba yemerewe kuryamana n'abagore bo mu kanama nkemurampaka
Abagore bitabira ibi birori baba bemerewe guhitamo umugabo bishimiye akababera umugabo wa kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages