Inkuru y’uyu mugabo imaze iminsi ivugwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga byiganjemo ibyo mu Buhinde.
The Financial Express ivuga ko uyu mugabo buri kwezi yinjiza amafararanga y’amarupe akoreshwa mu Buhinde ari hagati ya 60,000 na 75,000, ni ukuvuga amanyarwanda ari hagati y’ibihumbi 842 n’arenga miliyoni imwe.
Mu Buhinde kimwe n’ahandi ku Isi ni ibintu bisanzwe kubona abantu basabiriza ku muhanda babitewe n’ubukene bakabikora nk’uburyo bwo gushaka amaramuko, gusa siko bimeze kuri Jain kuko we amafaranga abona ayashora mu bikorwa birimo n’ubwubatsi bw’inzu zihenze kandi ntareke gusabiriza.
Uyu mugabo yavukiye mu muryango ukennye bituma atabasha kugira amashuri yiga, ibyatumye ahitamo gusabiriza abigira akazi ke ka buri munsi ubu kamutunze we n’umugore we ndetse n’abana babo babiri b’abahungu.
Ikinyamakuru The Economic Times nacyo cyandikira mu Buhinde cyatangaje ko Bharat Jain n’ubwo ari mu batunze agatubutse bitamubuza kujya gusabiriza ku Mihanda y’i Mumbai, ndetse akaba abayeho neza kuko usibye kuba afite inzu nziza yo guturamo anafite izikodeshwa, mu bihe bitandukanye abo mu muryango we bakaba baramusabye kureka gusabiriza ariko yanga kubumvira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!