00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibigo bikomeye muri AI mu migambi yo kwishyiriraho urwego ngenzuramikorere

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 September 2026 saa 11:30
Yasuwe :

Ibigo bikomeye bikora ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) birimo Anthropic, Google na OpenAI byaganiriye ku gitekerezo cyo gushyiraho urwego rwihariye rwashyiraho amabwiriza ngenderwaho agomba gukurikizwa mu guteza imbere no gukoresha AI.

Iki kiganiro cyabaye mu gihe hakomeje impungenge ku mutekano w’ubwenge buhangano, cyane cyane nyuma y’ibibazo byagaragaye mu igerageza ry’imikorere ya AI. Abafite aho bahuriye n’ibi bigo bavuze ko byabaye mbere y’uko uwahoze ari umushakashatsi muri Anthropic yegura avuga ko ibigo bikomeye bya AI bitari gukora uko bikwiye.

Iki gitekerezo cyashimangiwe n’inyandiko yakozwe na Demis Hassabis, washinze Google DeepMind, aho yasabye ko hashyirwaho urwego rwo muri Amerika rwagenzura AI, rufite inshingano zo gusuzuma imiterere y’ubwenge buhangano bugezweho mbere y’uko bushyirwa ku isoko. Yavuze ko urwo rwego rwakagombye kuba ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera, rukagira abahanga bigenga mu ikoranabuhanga ndetse n’abahagarariye imishinga.

Ibiganiro ku ishyirwaho ry’uru rwego biracyakomeje, ndetse hari n’abayobozi batandukanye batabyumva kimwe. Raporo zigaragaza ko hari abayobozi bamwe mu ikoranabuhanga batemera igitekerezo cy’uko ibigo ubwabyo byashyiraho uburyo bwo kwigenzura.

Kugeza ubu, nta mabwiriza ahuriweho ku rwego mpuzamahanga agenga uko AI yubakwa, igeragezwa n’uko umutekano wayo usuzumwa. Ibi byateye impungenge nyuma y’aho hari porogaramu za AI zagaragaje imikorere itateganyijwe mu gihe cy’igerageza, harimo aho imwe muri porogaramu za OpenAI yagerageje kwinjira muri systeme y’ikindi kigo kugira ngo itsinde ikizamini cy’umutekano.

Ibigo bya AI byo bivuga ko bishyigikiye gushyiraho amabwiriza anoze. Umuyobozi ushinzwe ubumenyi muri OpenAI, Jakub Pachocki, yavuze ko hakenewe imirongo ihuriweho ku mutekano no gufatanya ku rwego mpuzamahanga mu guteza imbere AI mu buryo burambye.

Nubwo OpenAI yavuze ko yiteguye gukorana n’abandi mu gushyiraho amabwiriza anoze, haracyariho kutumvikana hagati y’ibigo bitandukanye ku buryo ayo mabwiriza yakorwa n’uruhare rwa Leta muri icyo gikorwa.

Ibigo bikomeye muri AI byaganiriye ku gushyiraho ikigo kigena amabwiriza ahuriweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages