00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku ibaruwa ya Papa Léon XIV ku byago by’ikoranabuhanga rya AI

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 26 May 2026 saa 10:59
Yasuwe :

Papa Léon XIV yasohoye ibaruwa ye ya mbere igenewe abakristu bose [encyclical]; inyandiko ya paji 200 yiswe Magnifica Humanitas. Iyi nyandiko yibanda ku ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano [artificial intelligence], igaragaza ubusumbane no kumaranira kuyobora ikiremwamuntu nk’ibyibasiye Isi magingo aya kubera ryo.

Papa yavuze ko iyo itsinda rito ry’abantu ari ryo ryonyine rifite ijambo n’ubushobozi bwo kugenzura ikoranabuhanga, bituma iryo koranabuhanga riva mu maboko ya rubanda, bikongera ibikorwa byo kuyobya abantu no kubacengezamo ibitekerezo runaka, bikangiza inyungu rusange.

Mu ibaruwa ye, Papa Léon XIV yavuze ko abayobozi b’ibigo by’ikoranabuhanga badakwiye kugira uburenganzira bwo kuyobora ikiremwamuntu kubera gusa ko bakoze amabwiriza ahambaye akoreshwa na mudasobwa [algorithms], asaba ko ihiganwa rikomeye riri mu kubaka iri koranabuhanga rikwiye guhagarara.

Impaka mu gushaka kuyobora Isi si nshya kuko zahozeho no mu bihe byo hambere.

Nk’uko Papa Leo XIII yanditse ku byerekeye ukwigwizaho umutungo mu gihe cy’impinduramatwara mu by’inganda mu 1891, Papa Leo XIV na we yashimangiye izi mpungenge ariko ahamya ko zo ziri kuzanwa na AI.

Yatunze agatoki abaherwe mu by’ikoranabuhanga bakoresha imbuga zabo mu kuyobya no kwivanga muri politiki, bakanatanga miliyoni amagana kugira ngo hatemezwa amategeko agenga iri koranabuhanga.

Inzobere zimwe zemeranya na Papa, aho zivuga ko imikorere y’iri koranabuhanga yo gukusanya amakuru y’abantu, arengaho akifashishwa mu guhimba andi mahimbano, yamaze kwangiza ubushobozi bwa muntu bwo gutandukanya ukuri n’ibinyoma.

Iyi nyandiko ya Papa Leo XIV igaragaza ko ubushobozi budasanzwe bw’iri koranabuhanga rya AI bushyira mu byago bikomeye ubwisanzure ku Isi, asaba ko hashyirwaho amategeko asobanutse n’igenzura rikorwa n’abaturage kugira ngo uburenganzira n’ubwigenge bwa muntu birengerwe.

Papa Léon XIV yasabye ko ikoranabuhanga ritera imbere ritagomba kubangamira ubwisanzure bw'abatuye Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages