00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri Philophobia, indwara y’ubwoba bwo kujya mu rukundo

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 14 February 2023 saa 10:28
Yasuwe :

Philophobia ni indwara y’ubwoba bwo kujya mu rukundo, ikunze kwibasira abantu bafite amateka mabi muri rwo nko kurukomerekeramo cyane, nyuma bagaterwa ubwoba no kongera gukunda cyangwa gukundwa.

Abarwaye iyi ndwara ntabwo baba bafite icyizere cy’uko baramutse bagiye mu rukundo byagenda neza, kuko bahorana ubwoba bwo kumva ko bababazwa.

Ntabwo yibasira abarugiyemo bakarukomerekeramo gusa, ahubwo n’abumvise inkuru ziteye ubwoba z’abakomerekeye mu rukundo cyangwa bakabona abantu bafataga nk’icyitegererezo mu rukundo batandukana, bishobora kubaviramo kumva banze kujya mu rukundo ndetse bakanaterwa ubwoba na byo.

Abandi bantu bibasirwa n’iyi ndwara ni abigeze kujya mu rushako ariko nyuma bagahana gatanya n’abo bari barashakanye, abaciwe inyuma n’abo bakundaga cyane, ndetse n’abigeze gutabwa bakiri bato.

Umujyanama mu mitekerereze Scott Dehorty akaba n’Umuyobozi Wungirije mu Kigo cya Maryland House Detox gikurikirana abantu bafite ibintu byababase, muri 2018 yatangaje ko indwara ya Philophobia ikunze kugirana isano n’ibikomere byo mu bwana.

Ati ‘‘Iyo umuntu atereranwe akiri muto, biramugora kugirana umubano udasanzwe n’undi kuko aba afite ubwoba ko na we yabigenza uko’’.

Umuntu urwaye iyi ndwara kandi, aba yiyumva nk’uri wenyine ndetse akibwira ko adakunzwe, akanibasirwa n’agahinda gakabije, ndetse agatekereza ko kujya mu rukundo nta kindi byamuzanira uretse agahinda gusa.

Urwaye Philophobia aba atandukanye n’umuntu watakaje icyizere mu rukundo, kuko urwaye iyi ndwara we hari n’ubwo igihe kigera akumva hari umuntu yakunze, batangira guhuza urugwiro bwa bwoba bukagaruka, agatangira kugendera kure uwo muntu yari yatangiye gukunda, atari uko yamubonyeho ibituma atamwizera.

Niba umuntu muri mu rukundo ucyeka ko yaba afite ubu burwayi, ugirwa inama yo kutamuhatira gukora ibyo adashaka.

Indi nama ugirwa ni ukumufasha kubona ubufasha bwatuma asohoka muri ibyo bihe aho kumutererana.

Umuntu ufite ubu burwayi kandi, agirwa inama yo kugana abajyanama mu mitekerereze akaganirizwa, kuko ari byo byamufasha gusohoka muri ibi bihe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages