00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisirikare cya Amerika kigiye kujya cyifashisha Microbes mu butasi

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 23 July 2023 saa 03:50
Yasuwe :

Ishami rishinzwe ubushakashatsi mu gisirikare cya Amerika (DRPA) ryatangaje ko riri mu bugenzuzi ku buryo mu minsi iri imbere igisirikare cya Amerika cyatangira kwifashisha udukoko tuzwi nka ‘Microbes’ mu butasi.

Ni uburyo buzajya bukoreshwa ku buryo mu gihe hari uwavumbuye ko iyo ‘microbe’ yavumbuwe, igisirikare cya Amerika kizajya gihita kibimenya.

Ni microbes zizakorwa ku buryo zihabwa n’utuntu dutanga amakuru ku ngabo za Amerika, mu gihe hagira uzivumbura akazica bahite bamenya ko yafashwe.

Uyu mushinga wiswe Tellus uzabanza gusuzumanwa ubushishozi ku buryo microbes zizakoranwa ubushobozi bwo kutabonwa n’ibyuma bipima za microbes, kuziha ububasha bwo kubaho igihe kirekire mu gace bazoherejemo n’ibindi.

Izi microbes kandi zizakorwa mu buryo zibasha gukoreshwa n’umuriro uturuka ku mirasire y’izuba aho kuba amashanyarazi asanzwe.

Mu gihe aho iyo microbe yoherejwe ibonye ikintu kidasanzwe, izajya ihita yoherereza amakuru ingabo za Amerika kandi bikorwe mu buryo umwanzi atamenya ko hari ikintu kidasanzwe kibaye, nkuko ikinyamakuru Popular Mechanics cyabitangaje.

Uyu mushinga biteganyijwe ko waba watangiye kujya mu bikorwa mu myaka ibiri n’igice iri imbere.

Microbes zitandukanye zirimo nka fungi ikoreshwa mu bihumyo zishobora kwifashishwa mu butasi bwa Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages