00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisura gishobora kuvamo imboga zuzuyemo intungamubiri

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 13 August 2016 saa 11:18
Yasuwe :

Amababi y’igisura ‘ortie’ iyo akoze ku mubiri harocyera ndetse hagafuruta, ariko ni imboga zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi nk’uko abahanga mu by’imirire babitangaza.

Usibye kuba gikungahaye ku ntungamubiri igisura kinavura indwara nyinshi.

Amazi ava mu mababi yacyo ni umuti uvura indwara zitandukanye, mu gihe amababi yacyo na yo ari imboga zuzuye intungamubiri, ndetse ngo gishobora no gukorwamo umutobe.

Urubuga rwa Doctissimo dukesha iyi nkuru rwatangaje ko igisura kivura rubagimpande, indwara zifata mu myanya y’ubuhumekero, izifata mu myanya myibarukiro n’izindi.

Abahanga kandi bavuga ko ari umuti uvura urwagashya, diyabete, igifu n’agasabo k’indurwe, ndetse ngo kivura indwara z’uruhu nyinshi kandi cyongera amashereka.

Mu ntungamubiri gikungahayeho bavugamo vitamin C, A, imyunyungugu, hamwe na potassium. Bavuga kandi ko gikungahaye kuri Magnesium, calcium na Silisiumu zitera amagufa gukomera.

Ni byiza ko igisura gisarurwa kikiri gitoto hirindwa ko ibibabi byacyo bikomera bigatuma gisharira no kurinda ko cyababa umuntu kandi ni ngombwa kwambara ibikingira intoki (gant) hirindwa ingaruka zose cyatera ku mubiri.

Ubushakashatsi bwakozwe, bukanemezwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima,OMS, bugaragaza ko igisura gituma umuntu abasha kwihagarika neza kigatuma n’imyanda isohoka neza mu ngingo.

Igisura gishobora kubyazwamo imboga birenze uko abantu babitekerezaga
Isupu yakozwe mu gisura ikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye
Umutobe w'igisura uvura indwara zitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages