00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikirwa cyari gifite agaciro ka miliyoni 8€, kigiye kugurishwa ayagura inzu

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 23 May 2026 saa 12:29
Yasuwe :

Ikirwa cyo mu Bugereki cyitwa Makri kizagurishirizwa mu cyamunara mu Ugushyingo uyu mwaka, kiri kuvugisha benshi kubera igiciro cyo gutangiriraho kugipiganirwa cyashyizwe hasi cyane ku mayero 247.000 [miliyoni hafi 420 Frw].

Iki kirwa kidatuwe giherereye mu Birwa bya Echinades. Bwa mbere kigenerwa agaciro hari mu mpera za 2021, cyamunara yacyo ya mbere ishyirwa muri Nyakanga 2022. Icyo gihe cyahawe agiciro ka miliyoni 8 z’Amayero.

Nyuma y’imyaka ine, ubu iki kirwa kiri kubarirwa ibihumbi 247 by’Amayero; igiciro kingana n’icy’inzu yo kubamo mu Mujyi wa Kigali.

Uku kugabanyuka mu gaciro k’iki kirwa, kwatewe n’amategeko akomeye arengera ibidukikije, kuko cyagenwe nk’agace kahariwe amashyamba n’ahantu ho kubungabungwa.

Aya mategeko abuza ko habaho imishinga minini y’ubwubatsi bw’inzu n’imitungo itimukanwa mu bice nk’ibyo.

Kugeza ubu, kuri iki kirwa hasangwa inyubako nke zitagituwemo zirimo inzu nto, urusengero ruto n’ikigega cy’amazi. Inyubako nto n’ibikorwa by’ubuhinzi nibyo byemewe gusa kuhakorerwa.

Ikindi ni uko uzegukana iki kirwa kitazamwegurirwa burundu, ahubwo azahabwa amasezerano yo kugikodesha igihe kirekire.

Ni hamwe mu hantu hahendutse ku buryo budasanzwe mu Bugereki
Iki kirwa gifite uburebure bwa kilometero 2,5
Iki kirwa uzakigura ntabwo azagitwara burundu azagikodesha by'igihe kirekire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages