00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikosa benshi bakora mu bwogero rishobora guteza ibibazo ubuzima bwabo

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 16 June 2025 saa 11:52
Yasuwe :

Inzobere mu buzima zivuga ko kwiyuhagira amazi ashyushye cyane bigira ingaruka zikomeye ku buzima zishobora no kuviramo umuntu urupfu.

Kwiyuhagira ni igikorwa cy’ingenzi mu buzima bwa buri munsi, ariko se wari uzi ko koga amazi ashyushye cyane bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwawe?

Inzobere mu buzima bw’imiyoboro y’amaraso mu Budage, Dr Max Maddahali, asobanura ko amazi ashyushye cyane ashobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu akavuga ko ari ngombwa kwitondera ubushyuhe bw’amazi yo kwiyuhagira.

Agira ati" kwiyuhagira n’amazi ashyushye cyane bishobora gutera kugabanyuka gukabije k’umuvuduko w’amaraso, bigatuma umuntu agira ikizengerera cyangwa yikubita hasi, bikaba byateza ibibazo bikomeye ndetse n’urupfu."

Dr Max asobanura ko kwiyuhagira amazi ashyushye cyane, bituma imitsi y’amaraso yaguka mu ruhu, bikaba byatera umuntu kugira isereri no kugwa igihumure nk’igihe ari mu bwiherero n’ahandi hantu hatandukanye.

Kubera izo mpamvu, inzobere zitanga inama yo kugabanya ubushyuhe bw’amazi igihe wumva isereri, cyangwa gushyiraho igikoresho kigufasha kugabanya gukoresha amazi ashyushye cyane.

Dr Max asobanura ko uretse kugira isereri no kugwa igihumure, amazi ashyushye cyane ashobora no kugira ingaruka mbi ku ruhu no ku misatsi.

Ati” Hari amavuta karemano ari ku ruhu rwawe arufasha koroha no kumera neza, amazi ashyushye cyane ashobora kuyakuraho burundu, bigatuma uruhu rwumagara. Nanone kandi, yangiza umusatsi kuko akuraho amavuta awurinda, bigatuma umusatsi woroha ugatakaza ubudahangarwa bwo kwihanganira ibiwangiza.”

Ubushakashatsi bwagaragaje kandi ko amazi ashyushye cyane ashobora kugabanya ubudahangarwa bw’umubiri bwo kurwanya virusi na bacteries zitera indwara, kuko akuraho bacteries nziza ziba ku ruhu zigira uruhare mu kurinda umubiri.

Abahanga bemeza ko gukuraho izo bacteries bishobora gutuma ubudahangarwa bw’umubiri budakora uko bikwiye, bikagabanya ubushobozi bwawo bwo kurwanya virusi ndetse n’indwara.

Kwiyuhagira amazi ashyushye cyane bishobora kugira ingaruka mbi ku mubiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages