00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbata y’icyamamare mu Gikombe cy’Isi yakumiriwe muri stade

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 June 2026 saa 10:33
Yasuwe :

Imbata yitwa Merlín, yari imaze kuba icyamamare mu bafana ba Mexique mu Gikombe cy’Isi cya 2026, yakumiriwe kwinjira muri stade kubera amabwiriza ya FIFA abuza kwinjiza inyamaswa ahabera imikino.

Merlín, imbata y’imyaka ibiri, yari imaze iminsi ivugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho yari yarabaye nk’ikimenyetso cy’amahirwe ku ikipe ya Mexique. Yagaragaraga yambitswe umwambaro w’icyatsi w’iyo kipe, igendana na nyirayo Carla Gómez n’umuhungu we Cristian, mu gihe bacururizaga ibinyobwa mu Mujyi wa Mexico.

Abafana benshi bari batangije ubukangurambaga basaba ko Merlín yemererwa kureba umukino wa Mexique na Tchèque muri Estadio Azteca. Icyo cyifuzo cyaje kudakunda, kuko FIFA yavuze ko amategeko yayo atemerera inyamaswa kwinjira muri stade, mu rwego rwo kurinda ubuzima n’umutekano wazo.

Nubwo bimeze bityo, iyi mbata yemerewe kugera mu gice gikikije Estadio Azteca.

Iyi mbata ni kimwe mu byavugwaga cyane muri iyi mikino y'Igikombe cy'Isi muri Mexique

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages