Basanze imbeba zigira ubukirigitwa kandi zigaseka iyo umuntu azikirigise. Iyo ukirigise imbeba, isohora amajwi ashoboro kumvwa n’amatwi y’abantu ari uko hifashishijwe ibyuma bikurura amajwi n’ikoranabuhanga.
Nanone basanze imbeba zikunda gukirigitwa, kandi iyo uyikirigise igaseka, buri uko ikubonye itangira kwisetsa utayikozeho.
Nubwo imbeba zikunda ko bazikirigita iyo zitari mu muri ‘mood’ ntabwo zibikunda. Ibyo byagaragajwe n’uko iyo bakirigitaga imbeba ishonje cyangwa ifite ikindi kibazo itasohoraga ya majwi twagereranya no guseka k’umuntu.
Hitezwe ko ubu bushakashatsi buzafasha mu gukora imiti igabanya agahinda gakabije. Ubutaha nuhura n’imbeba uzayikirigite urebe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!