Ubu bushakashatsi bwakorewe mu Bwongereza ku bantu bagera ku bihumbi 13, bwerekanye ko gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga bitera umunaniro ukabije, kwiheba, kwigunga, ndetse no kugira imyitwarire idasanzwe.
Byagaragaye ko gukoresha imbuga nkoranyambaga nijoro mbere yo kuryama bituma urubyiruko rubura ibitotsi, aho byagaragaye ko abakobwa ari bo byangiza cyane.
Ingaruka zagaragaye cyane ziterwa n’imbuga nkoranyambaga, harimo igitutu zishyira ku bato bashaka kugereranya ubuzima bwabo n’ubw’abandi, bagahura n’ihohoterwa ryo kuri internet ibizwi nka ‘cyberbullying’.
Abenshi byagaragaye ko baba bashaka kugaragara neza cyangwa kuba intangarugero kuri murandasi, ibi byose bishobora gutuma umuntu amererwa nabi akaba yagira ibibazo byo mu mutwe.
Abahanga mu by’ubuzima bemeza ko hakwiye gushyirwaho ingamba zo kugabanya igihe urubyiruko rumara ku mbuga nkoranyambaga, no gushishikariza imikoranire hagati y’abantu, kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza bwo mu mutwe.
Imbuga nkoranyambaga ni igikoresho gikomeye, ariko kigomba gukoreshwa neza, ku buryo kidahinduka intandaro y’ibibazo by’imitekerereze n’amarangamutima ku rubyiruko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!