Ubu bushakashatsi bwerekanye ko hari imbwa zifite ubushobozi bwo kumva no gufata amagambo zumvise mu biganiro abantu bagirana ku buryo bashobora kuvuga igikoresho imbwa ikakimenya.
Bugaragaza kandi ko imbwa zifite ubushobozi bwo kwiga amagambo mashya zigishwa n’abazoroye.
Shany Dror, umushakashatsi akaba n’umwarimu muri Kaminuza ya Vieenna yo mu Busuwisi n’itsinda ry’abashakashatsi bo muri Kaminuza yo muri Hongrie, Loránd-Eötvös.
Ubu bushakashatsi bwari bugamije kugaragaza ko imbwa zifite ubwenge bwo kwiga amagambo binyuze mu biganiro abantu bagirana.
Mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, yavuze ko ubwo yakoraga ubu bushakashatsi yabonye ko imbwa zikunda kumva ibiganiro abantu bazitunze bakunze kugirana mu rwego rwo gukomeza kwiga amagambo mashya.
Uyu mushakashatsi yatanze urugero ko iyo nyir’imbwa avuze ko agiye gutumiza ‘Pizza’, imbwa yumva neza icyo avuze ikaba yazana nk’igikinisho cyitwa iryo zina.
Shany yavuze ko kugira ngo basuzume ko izi mbwa zishobora kwiga ijambo rishya zitari zisanzwe zizi yifatanyije n’itsinda ry’abashakashatsi bo muri Kaminuza yo muri Hongrie, Loránd-Eötvös.
Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko izo mbwa zishobora kwiga amagambo mashya binyuze mu kumva ibiganiro abantu bagirana .
Gusa uyu mushakashatsi yavuze ko imbwa zose zidashobora kwiga amagambo mashya binyuze mu kumva ibiganiro abantu bagirana kubera ko mu myaka irindwi yabukoze yabonyemo imbwa 45 gusa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!