Urebye mu byamamare byabaye ibintu bisanzwe kuko babitwara nk’uko biba bimeze ku bagore, bikaba akarusho igihe bagiye mu rugendo rwo mu ndege.
Urugero ni uko urebye mu bakinnyi bagiye gukina mu Gikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu makipe nka Argentine, Brésil, u Bufaransa n’izindi usanga nyuma ya varise abakinnyi benshi batwaye amasakoshi yaba mu ntoki cyangwa ku rutugu.
Ibindi byamamare nabyo birimo nka Timothée Chalamet, ASAP Rocky, Bad Bunny, Jacob Elordi, Pharrell Williams, Ncuti Gatwa, David Beckham, Harry Styles n’abandi benshi nabo bagiye bagaragara mu ruhame batwaye isakoshi bisanzwe nk’abagore.
Ni umuco watijwe umurindi n’inzu z’imideri zitandukanye zirimo Louis Vuitton, Dior, Chanel, n’izindi ubwo zatangiraga gukora amasakoshe yitwa ay’abagabo.
Ubusanzwe abagabo batwaraga ibikapu bisanzwe ndetse binini akenshi wasangaga babijyana mu kazi kuko byabashaga gutwara ibintu runaka bakenera nka mudasobwa, charger, impapuro, n’ibindi ariko wasangaga inzu z’imideli zitajyaga zita kuri ibi bikapu bitwarwa n’abagabo.
Aho zitangiriye kubikorera byabaye nk’ibyaje bikenewe ku bagabo bakunda kurimba babiyobotse. Nubwo hari abagabo batarabyuma ariko bamwe batangiye kubyumva ndetse byatangiye kwinjiza agatubutse.
Ubushakashatsi bw’ikigo cya Global Market Insights bwashyizwe hanze muri Mutarama 2026 bwagaragaje ko mu 2025 amasakoshi y’abagabo yari zifite agaciro ka miliyari 11,8$, bugaragaza ko mu mwaka wa 2026 zizagira agaciro nibura ka miliyari 18,4$.
Ed Walsh ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa mu nzu y’imideli yo mu Bufaransa Au Départ, yabwiye Forbes ko uku kugendana amasakoshi kw’abagabo byaturutse ku kuba abagabo basigaye baratangiye gusobanukirwa ibijyanye n’imideli ndetse no kureba ibintu bigezweho.
Ati “Uzabibonera no mu mikufi ntabwo byari ibintu bimenyerewe mu myaka 10 ishize ariko ubu byenda kuba nk’ibintu by’ibanze. Buri gihe hari icyo ibirori binini bihindura ku bantu uhereye kuri byo kugera mu mihanda bisanzwe.”
Abihurizaho na Tyler Ellis ukora imideli wagaraje ko kuba inzu z’imideli zisigaye zikora ibikapu by’abagabo ari guha agaciro no kumva ko na bo babona ibintu byiza bibakorewe.
Ati “Isakoshi z’abagabo ziri kwamamara cyane kuko zikemura ikibazo cyari gihari. Bwanyuma na nyuma inzu z’imideli zitangiye gufata abagabo nk’abantu bafite agaciro ku isoko.”
Akomeza agaragaza ko abagore atari bo bonyine bagira ibyo bashyira mu isakoshi ahubwo n’abagabo nabo bagira ibintu bagendana mu buzima busanzwe cyangwa mu ndege kandi bitajya mu gikapu ariko akenshi ibyo byakunzwe kwirengagizwa ku buryo byatumaga abagabo bahatirizwa gusiga bimwe mu bintu bashakaga kugendana ariko kuko ntaho kubitwara bigasigara.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!