00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impanga zavutse mu myaka itandukanye

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 8 January 2024 saa 02:21
Yasuwe :

Abana babiri bavutse ari impanga muri Croatie ariko bazajya bizihiza isabukuru y’amavuko mu myaka itandukanye, ibintu bidakunze kubaho nk’uko amakuru yavuye mu bitaro bavukiyemo abyemeza.

Aba bana bavukiye mu bitaro byo mu Mujyi wa Split muri Croatie. Bombi ni abakobwa. Uwa kabiri yavutse nyuma y’iminota ibiri mugenzi we ageze ku isi.

Uwa mbere yavutze ku itariki 31 Ukuboza 2023, saa tanu n’iminota 59 mu gihe umuvandimwe we yavutse ku itariki ya 1 Mutarama 2024 nk’uko inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP ibivuga.

Ubuyobozi bw’ibi bitaro bwatangaje ko ari ibintu bidakunze kubaho ko impanga zivuka mu myaka ibiri itandukanye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages