Isabukuru y’amavuko y’imyaka 70 y’umugore wa Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou-Nguesso yataje intugunda, nyuma y’aho bimenyekaniye ko mu kuyizihiza yakoresheje akayabo karenga miliyoni 1,5 y’amadolari y’Amerika(akabakaba miliyari imwe y’amanyarwanda) mu minsi mikuru yamaze iminsi itanu, isozwa kuwa gatanu ushize i Saint Tropez mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’u Bufaransa.
Nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Nice Matin cyo mu Bufaransa, Madamu Antoinette Sassou-Nguesso yatumiye abantu bagera ku 150 muri iyo minsi mikuru ye yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 y’amavuko, bamara iminsi itanu babyina, barya banywa, banishimana mu mujyi wa Saint Tropez.
Muri iyi minsi mikuru, Madamu Antoinette Sassou-Nguesso yarakimaze kuko we n’abatumirwa be, usibye kuzenguruka utubyiniro (night clubs) dutandukanye dukomeye i Saint Tropez, igice kinini cy’iminsi mikuru bagikoreye mu nyanja ya Mediterane iherereye mu nkengero z’uyu mujyi. Aho bahakodesheje Yatch, ubwato bukodeshwa n’abaherwe gusa, ubundi hakodeshwa na limousines nyinshi zatwaraga buri wese mu kujya kugira ibyo agura mu maduka yo muri uwo mujyi.
Usibye kubishyurira hoteli z’inyenyeri eshanu n’ibindi byose, Madamu Antoinette yanakodesheje indege ebyiri, imwe yaturutse muri Congo Brazzaville iza Saint Tropez, n’indi ya Air France yazanye abatumirwa bo ku mugabane w’u Burayi.
Ibi byateye intugunda mu baturage bo muri Congo Brazzaville, igihugu kibarirwamo umubare munini w’abaturage bakiri munsi y’umurongo w’ubukene, ndetse umubare w’abatindi nyakujya batagira urwara rwo kwishima nawo ukaba ukiri munini badasubirwaho.
Bimwe mu binyamakuru byo muri Congo Brazzaville byanditse inkuru bigaragaza icyo ako kayabo kangana hafi na miliyari y’amanyarwanda yaturutse mu isanduku ya Leta kari bukoreshwe mu bikorwa byo kurwanya ubukene bunuma kuri benshi muri iki gihugu aho kuyasesagura mu minsi mikuru y’amavuko y’umukecuru w’imyaka 70.
Yaba mu Bufaransa cyangwa muri Congo Brazzaville, benshi bakomeje kugaya iyi myitwarire ya Madamu Antoinnette uheruka mu Rwanda mu gihe gito gishize, aho yari yaje mu bukwe bw’umwana we bwabereye muri Serena Hotel I Kigali.



















TANGA IGITEKEREZO