00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inyamaswa zishobora kubaho igihe kirekire nta mazi

Yanditswe na Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 14 February 2023 saa 12:52
Yasuwe :

Nta muntu uyobewe akamaro k’amazi dore ko benshi banakunze kuyitirira ubuzima ku buryo n’iyo harebwa ahantu hashobora guturwa, amazi ari kimwe mu birebwaho ku ikubitiro.

Biragoye kwiyumvisha uko ubuzima bwamera hatariho amazi, icyakora ku nyamaswa zimwe na zimwe, iki si ikibazo gihangayikishije cyane kuko hari izishobora kumara igihe kirekire zitayafite bigashoboka, ari na zo tugiye kugarukaho muri iyi nkuru dukesha MSN.

Imbeba yo mu bwoko bwa Kangaroo

Imbeba zo mu bwoko bwa Kangaroo zinazwi nka “Dipodomys” zishobora kumara ubuzima bwazo nta mazi. Ibi zibikesha kugira impyiko zishobora kubika amazi mu mubiri wazo ariko zikanagira umwihariko wo kuvana amazi mu nkari zazo zizwiho kuba zikarishye ku rugero rw’inshuro eshanu ugereranyije n’inkari z’abantu.

Izi mbeba zirangwa no kugira amaguru maremare azifasha mu bikorwa byo gushakisha ibyo kurya, zikaba zishobora kuramba igihe kigera ku myaka 10 kandi muri iyo myaka yose ntizigere zinywa amazi.

Ifi zizwi nka West African Dipnoi

Izi fi bakunda kwita ibisigaratongo bizima, ni inyamaswa zizwiho kuba zarabashije kurokoka zikabasha kumara imyaka isaga miliyoni 400 zitazimiye.

Zishobora kumara imyaka itanu nta mazi, aho zizwiho kubasha gukoresha umwuka mwiza wa Oxygène, zikaba zanabona ibizitunga zikoresheje igogora rya zimwe mu nyama ziba zigize imikaya yayo. Zifite ubushobozi bwo kumara igihe kirekire zibera mu rwondo nta kibazo.

Akanyamasyo ko mu Butayu

Hari ubwoko bubiri bw’ingenzi bw’utunyamasyo two mu butayu; nk’ubwitwa “Gopherus agassizii” buboneka cyane mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’ubwitwa “Gopherus morafkai” buboneka mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Mexique.

Bwombi bukaba buhuriye ku kugira igikonoshwa gikomeye nk’urutare no kugira igice cy’umubiri bwifashisha mu kubika amazi umwaka wose nta kibazo kibayeho.

Agasumbashyamba

Agasumbashyamba na ko kifitemo ubushobozi bwo kubaho nta mazi, ku buryo gashobora kugeza ku byumweru bitatu, kabikomoye ku byo kurya bipima ibiro 35 ari na byo kabasha kuvanamo ayo mazi kakwifashisha ibyumweru bitatu ntacyo kabaye.

Agasumbashyamba kandi gashobora kuba kamara ibyo byumweru bitatu katanyoye cyangwa ngo kagire aho gahurira n’amazi, kabikesheje ubushobozi bwo kuba kanywa litiro 54 ingunga imwe.

Ingamiya

Ingamiya izwiho kugira uburyo bwo gutandukanya amazi n’ibiryo mu gifu cyayo, ariko by’umwihariko ipfupfu ryayo rikayifasha mu gutuma umubiri wayo utabura amazi kuko inyama zirigize ari nini kandi zishobora kwibonamo ayo mazi akenewe no kongerera ubuhehere n’imbaraga ingamiya.

Ishobora kumara ibyumweru bigera kuri bibiri itanyoye amazi nta kibazo cy’umwuma ihuye na cyo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages