Abo bageni bakoze ubukwe biyambariye imyenda yabo isanzwe nk’ikoboyi n’umupira ndetse n’inkweto za siporo.
Wilson w’imyaka 27 na Ann w’imyaka 24, bahisemo gukora ubukwe buciriritse nyuma y’uko babusubitse inshuro ebyiri umwaka ushize, bitewe n’uko bari bananiwe kubona amadorali ya Amerika 300 yari akenewe.
Abo bageni batanze idorali rimwe rya Amerika ryo kugura impeta bambaye, mu gihe bimwe mu bindi byakenewe babifashijwemo n’urusengero rwabo.
Abantu banyuranye bifashishije internet, bashimye igikorwa cy’abo bageni bashimangira ko ubukwe buhenze. Icyo gikorwa kandi gishobora kuba gisigiye benshi mu banya-Kenya isomo.
Aba bageni nabo batunguwe n’amagambo ashimishije yavuzwe n’abantu batandukanye ku bukwe bwabo ndetse bagira inama abandi gutera ikirenge mu cyabo.
Abo bageni bari bamaze imyaka itatu bakundana, bagerageje kwifashisha inshuti n’abavandimwe ngo bakusanye amafaranga yari akenewe ngo ubwo bukwe butahe ariko birananirana, ari nabwo bahitagamo gukora ubuciriritse bujyanye n’ubushobozi bwabo.
Aganira na BBC, Wilson yatangaje ko mukuru we yamusabye kubana n’umukunzi we badakoze ubukwe, gusa ngo ibyo yarabyanze bitewe n’uko uwo mukobwa yifuzaga gusezerana.
Ann nawe yagize ati “Nk’abakirisitu, twifuzaga gukora ubukwe no kubana mu cyubahiro mu rwego rwo kwirinda ibindi bibazo.”
Ubukwe bw’aba bageni bwabereye i Nairobi butabarizwamo bimwe mu byangombwa bikunda kugaragara mu bukwe nk’umutsima w’ubukwe (gateau), indabo cyangwa n’indi mitako.
Amakuru aturuka muri iki gihugu aravuga ko hari amakompanyi n’abantu ku giti cyabo bageneye inkunga aba bageni nyuma yo kwishimira igikorwa bakoze.
Abo bageni kandi bagiye kujya mu kiruhuko kizwi nka ‘Honeymoon’ nyuma y’uko kimwe mu bigo bikora ibijyanye n’ingendo cyabemereye ikiruhuko cy’iminsi itanu.



















TANGA IGITEKEREZO