00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Abapadiri babujijwe kunywa inzoga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 July 2026 saa 11:07
Yasuwe :

Umwepiskopi wa Diyosezi ya Maralal yahagaritse abapadiri batandatu bashinjwa imyitwarire mibi no gucunga nabi umutungo wa paruwasi babamo, ashyiraho amabwiriza abasigaye mu nshingano bagomba gukurikiza arimo kutarara hanze y’urugo rwabo batamusabye uruhushya no kutanywera inzoga muri paruwasi babamo.

Musenyeri Hieronymous Emuusugut Joya yatangaje ko ibi bihano bigamije kwimakaza imyitwarire myiza mu bapadiri.

Ubwo yari muri Paruwasi Mutagatifu Petero na Pawulo muri Diyosezi ya Joya, yavuze ko kuva mu myaka ine ahageze yasanze hari imyitwarire mibi n’ubukungu bugeze habi.

Yavuze ko ibihano byafashwe bishingiye ku mategeko ya Kiliziya Gatolika agamije kurinda ubudahemuka bw’abasaseridoti no gucunga neza umutungo wa paruwasi.

Nyuma y’ibi bihano Musenyeri Joya yashyizeho amabwiriza abapadiri bose bo muri Diyosezi ye bagomba kubahiriza arimo kuba buri munsi bari muri paruwasi zabo mbere ya saa Moya z’ijoro kugira ngo bitabire isengesho.

Nta mulayiki wemerewe kurara mu rugo rw’Abapadiri cyangwa Abihayimana bidatangiwe uruhushya na musenyeri, nta mupadiri wemerewe kurara hanze y’urugo rwe atasabye uruhushya musenyeri.

Ikindi babujijwe ni ukujya kunywa inzoga mu kabari, kuzinywera muri paruwasi zabo cyangwa aho baba, cyangwa kujya mu mihango ya liturujiya banyweye ibisindisha.

Mu bisanzwe Kiliziya Gatolika ntibuza kunywa inzoga nubwo ibuza abayoboke bayo ubusinzi kuko bushobora kuba intandaro y’icyaha. Hari abageze mu ngo z’abapadiri bemeza ko haba hari ibinyobwa byinshi birimo ibisembuye n’ibidasembuye, ndetse bamwe badatinya kujya gusoma Misa bamaze kumanuza ivumbi agasembuye.

Aba bapadiri kandi babujijwe gukora ubucuruzi cyangwa kuyobora ikigo cy’ubucuruzi keretse icya paruwasi, ndetse ntibemerewe kugura imitungo mu mazina ya benewabo hatagaragajwe inkomoko y’umutungo.

Abapadiri bo muri iyi paruwasi kandi ntibemerewe kurarana cyangwa kugirana ubucuti bwihariye.

Musenyeri Hieronymous Emuusugut Joya yategetse abapadiri kuguma muri paruwasi zabo no kutanywa inzoga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages