00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Umunyamabanga wa Minisitiri akurikiranyweho kumusambanyiriza umwana

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 27 December 2018 saa 01:43
Yasuwe :

Umunyamabanga wihariye wa Minisitiri ushinzwe amazi muri Kenya, yagejejwe imbere y’urukiko akurikiranyweho gusambanya umwana w’umuyobozi we, ufite imyaka 16.

Uyu mugabo witwa Reuben Kiborek yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa Kane. Ashinjwa ko umukobwa wa Minisitiri Simon Chelugui yamutwaye mu modoka akamujyana mu mujyi wa Nakuru, ari naho bikekwa ko yakoreye icyaha.

Reuben yatawe muri yombi ku wa 23 Ukuboza, yari afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Bondeni.

Uyu mugabo yahakanye ibyaha aregwa, arekurwa atanze ingwate y’ibihumbi 300 by’Amashilingi ya Kenya kugira ngo akurikiranwe ari hanze.

Kiborek yaherukaga kwiyamamaza mu matora y’abadepite muri Kenya ahagarariye agace ka Mogotio, ariko yatsindiwe mu matora y’ibanze.

Yagizwe umunyamabanga wihariye wa Minisitiri Chelugui muri Gicurasi 2018. Ni umwe mu bantu bavuganira cyane Visi Perezida William Ruto.

Reuben Kiborek akurikiranyweho gusambanya umwana wa Minisitiri umukuriye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages