Uyu mugore avuga ko yabitewe n’ibibazo yagiranye n’umugabo we amaze kumufata asambana n’umukozi wabakoreraga.
Avuga ko nyuma yo gufata umugabo we yahisemo kwimukira mu kindi cyumba mu rwego rwo kwirinda ko yamwanduza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Yagize ati “ Nabafashe baryamanye ariko amakuru yose nari narayabwiwe n’abaturanyi, kuva icyo gihe nahise nimukira mu kindi cyumba kugira ngo atazanyanduza Sida.”
Ashimangira ko nta kintu na kimwe mu buzima bwe cyamubabaje nko gusanga umugabo we asambana n’umukozi.
Yagize ati “N’ubu iyo mbyibutse numva nakwiyahura kuko sinjya niyumvisha uburyo yagiye kuryamana na we cyangwa icyo yari yabuze uretse gutesha agaciro umuntu.”
Yongeyeho ko nyuma yo gufatira umugabo we muri icyo cyuho nta mahoro yongeye kugira kuko hari nubwo yumva yamuta akigendera ariko akabireka kubera impuhwe z’abana babyaranye.
Icyakora uyu mugore avuga ko kuba ataryamana n’umugabo we bitamubuza kumutekera no kumumesera imyenda.



















TANGA IGITEKEREZO