Ibi byabaye mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 26 Werurwe 2024.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu musore yiyahuye nyuma y’uko yari amaze kuribwa amafaranga ye agera kuri miliyoni 5Frw mu mukino w’amahirwe.
Umuturage witwa Habarurema Janvier yagize ati “Batubwiye ko yiyahuye kubera ko bamuriye amafaranga ye miliyoni 5 Frw.”
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Sylvestre Twajamahoro, yemereye IGIHE ko uyu muhungu yiyahuye.
Yagize ati “Nibyo yiyahuye asimbutse mu igorofa ahita apfa.”
Yongeyeho ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane impamvu uyu musore yiyahuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!