00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Koreya y’Epfo: Umugabo yafunzwe azira kuyobya ubuyobozi akoresheje AI

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 24 April 2026 saa 02:15
Yasuwe :

Polisi yo muri Koreya y’Epfo yatangaje ko yataye muri yombi umugabo akurikiranweho icyaha cyo gusangiza abamukurikira ifoto y’ikirura cyashakishwaga nyuma yo guturoka inzu ibamo inyamaswa yo mu Mujyi wa Daejeon. Ifoto yasangije yasangije yayobeje abagishakishaga.

Uyu mugabo w’imyaka 40 utatangajwe amazina yatawe muri yombi kubera ko iyo foto yashyize ku mbuga nkoranyambaga yayobeje inzego z’ubuyobozi zashakishaga ikirura cyitwa Neukgu.

Iyi foto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko icyo kirura kiburiwe irengero ku wa 8 Mata 2026, ibyatumye ubuyobozi bw’uyu mujyi butangira kwifashisha ayo mashusho mu kuyishakisha.

Itangazamakuru ryo muri Koreya y’Epfo ryatangaje ko ayo mashusho yateje urujijo rukomeye kubera ko ubuyobozi bw’umujyi wa Daejeon bwari bwatangiye kuyifashisha mu kuburira abaturage batuye mu gace icyo kirura cyagaragayemo.

Ibikorwa byo gushakisha iyi nyamaswa byavugishije abantu benshi muri iki gihugu gusa yaje gufatwa nyuma y’iminsi icyenda itorotse.

Ubwo uyu mugabo yabazwaga na Polisi impamvu yashyize hanze iyo foto kandi aziko iri buyobye inzego zashakishaga ikirura, yasubije ko yabikoze yikinira.

Ubuyobozi bwo Mujyi wa Daejeon bwatangaje ko bugiye gukora iperereza ryimbitse kuri uyu mugabo wayobeje inzego ndetse bavuga ko igihe icyo cyaha cyamuhama ashobora guhanishwa gufungwa imyaka itanu muri gereza ndetse akanacibwa ihazabu y’ibihumbi 6.700$.

Umugabo wo muri Koreya y’Epfo yatawe muri yombi azira gushyira hanze ifoto ya AI yayobeje ubuyobozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages