00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kugenda iminota 30 wihuta bishobora kugabanya ibyago byo gupfa imburagihe- Ubushakashatsi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 September 2026 saa 08:06
Yasuwe :

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko kugenda n’amaguru wihuta bishobora kujyana no kugabanuka kw’ibyago byo gupfa imburagihe, cyane cyane ku bantu bagenda gake ku munsi. Ababukoze basanze umuvuduko umuntu agenderaho na wo ufite akamaro, uretse umubare w’intambwe akora.

Abashakashatsi bo muri Australia na Espagne basesenguye amakuru y’abantu bagera ku bihumbi 70 bafite imyaka hagati ya 40 na 69. Bagereranyije umubare w’intambwe buri wese yakoraga ku munsi n’umuvuduko yagenderagaho mu minota 30 yabaga yakozemo intambwe nyinshi kurusha iyindi.

Basanze mu bantu batera intambwe zitageze kuri 5.000 ku munsi, abageraga ku ntambwe ziri hagati ya 60 na 90 ku munota mu gihe babaga bagenda cyane bari bafite ibyago bike byo gupfa ugereranyije n’abagendaga buhoro. Icyakora, abakora intambwe ziri hagati ya 7.500 na 10.000 ku munsi ni bo bagaragaje ibyago bike kurusha abandi, hatitawe cyane ku muvuduko wabo.

Umushakashatsi Dr Nicholas Koemel yavuze ko ku muntu udashobora kongera intambwe agenda ku munsi, kugenda yihuta mu gihe gito bishobora na byo kumugirira akamaro.

Dr Nicholas Koemel yavuze ko “Icy’ingenzi twabonye ni uko umubare w’intambwe umuntu akora n’umuvuduko agenderaho byombi bishobora kugira uruhare ku byago byo gupfa no kurwara. Bivuze ko hari byinshi byo kungukira ku kugenda n’amaguru.”

Abashakashatsi basobanuye ko ibyo bagezeho bigaragaza isano hagati y’uko abantu bagenda n’ibyago byo gupfa; ubushakashatsi ntibwemeza ko kugenda iminota 30 buri munsi ari byo ubwabyo byatumye ibyo byago bigabanuka, kuko hashobora kubaho izindi mpamvu.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kugenda iminota 30 wihuta buri munsi bishobora kugabanya ibyago byo gupfa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages