Mu 2017 Daily Mail yatangaje ko Umwarimu mu isomo rijyanye n’ubuziranenge bw’ibiribwa wo muri Kaminuza ya Clemson yo muri Amerika, Prof. Paul Dawson, yavuze ko iki gikorwa ari icyo kwitondera kuko gikwirakwiza ibihumbi bya bagiteri (bacteria) zishobora guteza ibibazo umubiri w’uwariye kuri uwo mutsima.
Ni ubushakashatsi Prof. Paul Dawson yakoze ari kumwe n’itsinda ry’abanyeshyuri yigishaga, ashaka kubereka ko ari ngombwa gutekereza byimbitse ku buziranenge bw’ibiribwa, aho bwagaragaje ko guhuha iyo buji byongera bagiteri ku mutsima, ku kigero cya 1400%.
Bwakozwe habanza gusuzumwa umutsima wabukoreweho, mbere yo gushyiraho buji babanza kubona ko nta bagiteri ziwuriho.
Nyuma yo gushyiraho buji ndetse no kuyihuha ikazima, nibwo byagaragajwe ko uruvange rw’amacandwe aba atagaragara yavuye mu kanwa k’uwayizimije bikivanga n’ibishashi byayo, byakwirakwije ibihumbi bya bagiteri kuri uwo mutsima.
Prof. Paul Dawson yavuze ko bigoye kubuza abantu kuzimya urwo rumuri rwa buji mu gihe hakatwa umutsima hizihizwa ibirori rukana, atanga inama y’uko mbere yo gukata uwo mutsima ngo ukwirakwizwe cyangwa wose wivange, aba ari byiza gukataho igice cyawo cyo hejuru kiba cyagiyeho izo bagiteri.
Ibi nanone byemejwe n’ubushakashatsi bwashyizwe ku rubuga rwa Canadian Centre of Science and Education mu 2017.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!