00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

LONI yatanze intabaza ko uburenganzira bwa muntu bwahungabanyijwe n’ikoreshwa rya ’Artificial Intelligence’

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 18 February 2023 saa 08:14
Yasuwe :

Komiseri Mukuru mu Muryango w’Abibumbye ushinzwe iby’uburenganzira bwa muntu, Volker Türk, yatangaje ko uko iterambere mu by’ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence) rirushaho gukaza umurego ari na ko uburenganganzira bwa muntu buhazaharira, asaba ko hakwiye gushyirwaho umupaka ntarengwa.

Artificial Intelligence ni uburyo bwo kwigana ubushobozi bwa muntu hakoreshejwe porogaramu za mudasobwa. Mu butumwa bugufi yatanze kuri uyu wa Gatandatu, Volker Türk, yagize ati “ Ntewe ubwoba cyane n’uburyo iterambere rya vuba aha mu bijyanye n’ubwenge bw’ubukorano ryagize ubukana.”

Türk yasabye ibigo na za guverinoma gushyiraho umurongo ntarengwa mu buryo bwihuse.

Ati “Iyi dosiye turimo kuyikurikiranira hafi; tuzakoresha ubuhanga bwacu bwihariye kandi tuzita ku kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa.”

Muri iki cyumweru, ibihugu bibarirwa mu 10 birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa, byasabye ko hashyirwaho amategeko agenga iterambere ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano mu nzego zorimo iza gisirikare, bivuga ko hashobora kubaho ingaruka zitari zitezwe.

Nubwo bimeze bityo, ubwenge bw’ubukorano bwamaze kwinjira mu buzima bw’abantu nk’aho telefoni zigezweho zikoreshwa mu nzego zirimo ubuvuzi n’umutekano.

Abahanga batanga imbuzi ko buhetse ingaruka zirimo guhungabanya ubuzima bwite bwa muntu bikaba bisaba ko hashyirwaho amategeko aruhije kuyubahiriza mu gihe ikoranabuhanga ryo ridasiba gutera imbere.

Ibihugu byinshi bigendera kuri demokarasi biri mu rugendo rwo gushyiraho amategeko agenga imikoreshereze y’ubwenge bw’ubukorano.

Kuri ubu umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uri imbere mu byo gushyiraho bene aya amategeko aho ufite umushinga w’itegeko AI Act) byitezwe ko ushobora kuzarangira mu mpera z’uyu mwaka wa 2023.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages