Minisitiri Kristersson yavuze ko akoresha uru rubuga nk’inyunganizi itanga ibitekerezo byihariye ariko ko adashyiramo amakuru y’ibanga cyangwa areba umutekano w’igihugu.
Gusa ibi ntibyakiriwe neza na bamwe mu banyapolitiki n’abaturage, bavuga ko AI idakwiye kugira uruhare mu miyoborere y’igihugu kuko nta hantu iba ihuriye n’ibyemezo bya muntu.
Banavuze ko AI idafata imyanzuro ishingiye ku miterere y’abantu, imibereho yabo n’amarangamutima, ibintu bifatwa nk’ingenzi muri politiki.
Hari n’abandi bashyigikiye icyemezo cye, bavuga ko gukoresha AI bifasha kubona ibisubizo byihuse n’ibitekerezo bishya.
Benshi bemeza kandi ko ari n’uburyo bwo kwagura ibitekerezo mu gihe Isi yihuta mu ikoranabuhanga kugira ngo bihute mu iterambere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!