Kuri uyu wa gatandatu mugitondo, Ukobucyeye Estache utwara Tagisi za twegerane yakoze impanuka ebyiri zitandukanye mu minota 15. Yagonze umugore n’umugabo buri wese ukwe kandi ahantu hatandukanye.
Ukobucyeye Estache w’imyaka 65 yakoze impanuka ebyiri zitandukanye mu minota 15 akaba yagonze yagonze umugore n’umugabo we. Impanuka ya mbere Ukobucyeye yayikoreye Nyabugogo ubwo yazaga mu mujyi rwagati agonga Moto yari itwaye umugore, uwo mugore arakomereka cyane.
Gusa nyuma y’aho Ukobucyeye Estache amujyaniye ku bitaro bya ku Muhima bakamubwira ko batakira indembe ahubwo ko akwiye kumujyana kuri CHUK, ubwo yageraga kwa Rujugiro bakunze kwita “UTC” yahise agonga indi moto yari itwaye umugabo wa wa mugore wari ujyanywe kwa muganga.
Ukobucyeye Estache wakoze izo mpanuka we yagize ati “Rwose nagonze ariko ndasaba imbabazi kuko sinabishakaga pe! Ibyago iyo byaje ntacyabihagaritsa ntabwo bakwiye gukeka ko ngonze umugabo we mbigambiriiye.”
Kugeza ubu umugore wagonzwe ndetse n’umugabo we baka bari ku bitaro bya CHUK i Kigali.



















TANGA IGITEKEREZO