00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NASA irabarira amasaha ku ntoki ngo yohereze icyogajuru ku kwezi

Yanditswe na Uwabeza Hussein
Kuya 29 August 2022 saa 01:32
Yasuwe :

Ikigo cy’abanyamerika gishinzwe iby’isanzure (NASA), kuri uyu wa Mbere biteganyijwe kohereza icyogajuru kitarimo abantu ku kwezi mu igerageza rishobora kuzatuma abantu bongera gukandagira ku kwezi.

Uru rugendo rwiswe Artemis I rurategura izindi zizarukurikira kuko biteganyijwe ko n’ubwo Artemis I nta bantu bazaba bayirimo Artemis II izayikurikira yo bazaba barimo.

Iki cyogajuru gitegerejwe koherezwa saa 08h33 za mu gitondo (14h33 mu Rwanda) kikaba ari cyo cya mbere kinini kuko gipima toni miliyoni 39.1 ubariyemo na rokete zicyohereza mu kirere.

Uru rugendo kandi ntiruhanzwe amaso n’abanyamerika gusa kuko n’abanyaburayi bagize uruhare mu myubakire y’iki cyogajuru baruhanze amaso.

Iki cyogajuru kizagaruka ku isi, bitegangijwe ko kizagwa mu Nyanja ya Pacifique. Gusa ngo hari impungenge kuko kizagaruka ku isi gifite umuvuduko mwinshi ugera kuri 38,000Km/h ndetse batazi niba kizabasha kwihanganira ubushyuhe kizahura nacyo cyinjiye mu kirere cy’isi ‘athmosphere’ bugera kuri dogere celcius 2200.

Iki cyogajuru ngo nikiramuka kigeze ku ntego zacyo bizaba bica amarenga ko uretse kujya ku kwezi n’umubumbe wa Mars waba uhanzwe amaso.

Icyogajuru kiri bwoherezwe mu kwezi kuri uyu wa mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages