00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nouvelle-Zélande: Umugore akurikiranyweho gutwara umwana nk’umuzigo

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 5 August 2025 saa 08:35
Yasuwe :

Polisi yo muri Nouvelle-Zélande yataye muri yombi umugore ukekwaho icyaha cyo kutita ku mwana, aho basanze yamubitse mu gikapu (valise) kandi akiri muzima.

Nk’uko byatangajwe n’Umukuru wa Polisi muri Nouvelle-Zélande, Simon Harrison, umushoferi yabonye ko hari ikintu kinyeganyeza mu gikapu ubwo imodoka itwara abagenzi yahagararaga mu Mujyi wa Kaiwaka, kugira ngo umwe muri aba bagenzi ahabwe umuzigo we.

Umushoferi yaje gufungura icyo gikapu, asangamo umwana muto w’umukobwa w’imyaka ibiri wari umaze gushyuha bikabije, ku buryo byari byatangiye kumugiraho ingaruka ku mubiri we.

Igihe uyu mwana yamaze mu mwanya w’imizigo nticyamenyekanye. Byatangajwe ko yahise ajyanwa kwa muganga.

Uyu mugore ukurikiranyweho icyaha cyo guhohotera umwana, umwirondoro we ntiwashyizwe ahagaragara. Yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa 4 kanama 2025.

Sosiyete itwara abagenzi ya InterCity yemeje ko iki kibazo kibareba ndetse ko bagiye kugikurikirana. Basobanuye kandi ko batishyuza umugenzi uri munsi y’imyaka itatu kuko ashobora kugenda bamukikiye, bashimangira ko batumva impamvu uyu mugore yahisemo gutwara umwana mu mizigo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages