Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali bakomeje kwibaza cyane ku nzoga y’urwagwa yitwa ’Akayuki’, bitewe n’ubukana bwayo aho bakomeje kwibaza icyo ikorwamo nyuma y’aho ikomeje gutamaza abagabo n’abagore mu ruhame.
Ahagana saa ine n’igice za mu gitondo wo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Kamena, nibwo hagaragaye umugore utwite inda y’amezi abiri witwa Niyongana Mariya w’imyaka 28 uvuga ko atuye ahitwa mu Cyumbati, Rwarutabura mu Murenge wa Nyamirambo yanyoye inzoga izwi ku zina ry’Akayuki arenza urugero maze bituma inda yari atwite ishaka kuviramo mu nzira.
Aganira na IGIHE, Niyongana Mariya yavuze ko ubusanzwe atajya anywa inzoga ko yazinyoye ashutswe n’umugore mugenzi we.
Niyongana yagize ati “Nimumfashe ndumva ngiye gupfa kandi n’inda yanjye igiye kuvamo, nimumfashe mumpamagarire umugabo wanjye kuri telefone aze anjyane kwa muganga, yooo sinzongera, ndapfuye we! Erega sinjya nywa inzoga nabikoze kubera mugenzi wanjye wanshutse turazinywa”.
Yakomeje agira ati “Nazitangiye saa mbiri none ubu ni saa tanu, rwose ninkira sinzongera”.
Gusa byarangiye umugiraneza atwaye uyu mugore iwe kugira ngo aruhuke kuko yari yirukiye umubiri wose.
N’ubwo uyu mugore mugenzi we Niyongana avuga ko ari we wamushutse akanywa inzoga, akaba nawe yavuye muri ako kabari gaherereye i Matimba ajyanwa kwa muganga, kuko yahavuye amaze gukubitwa icupa mu mutwe n’undi musinzikazi wari wahaze Akayuki.
Benshi mu bazi iyi nzoga yitwa Akayuki, bemeza ko yari ikwiwe gupimwa kuko ishobora kuba ifite ubukana bwinshi kuko kenshi ikunze gutamaza abayinywa.



















TANGA IGITEKEREZO